Kubungabunga ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko
Ni umushinga ugamije gufasha urubyiruko kumenya no gusobanukirwa neza neza ubuzima bwabo mu bijyanye n’imyirorokere . Kugira ngo ibyo bigerweho hifashishwa gahunda zinyuranye zitangirwa ahantu hanyuranye kandi hagerwa n’urubyiruko Bityo amakuru yose rukeneye ku bijyanye n’imyororokere akabageraho nta nkomyi. Uwo mushinga , mu ntangiriro watangiriye mu karere kamwe muri burin ntara : Nyaruguru mu Majyepfo , Gicumbi mu Majyaruguru , Kirehe i Burasirazuba , Rusizi i Burengerazuba.
Ubu uyu mushinga urakomeje mu tundi turere tubiri two mu majyepfo Ruhango na Nyamagabe aho ukorera mu mirenge 21 . Urubyiruko rukabakaba hafi 195.370 rukomeje guhabwa amakuru n’ubumenyi byizewe ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere hifashishijwe inyubako zabugenewe mu bigo nderabuzima ndetse n’amashuri.