Ikigega gifasha amavuriro kwiteza imbere
Mu rwego rwo kugoboka ibigo binyuranye biri mu rwego rw’ubuzima , HDP yashyizerho ikigega kigenewe kunganira ibyo byigo gitanga inguzanyo iciriritse . Ikigamijwe mu gutanga iyo nguzanyo ni ugufasha kurushaho kunoza service z’ubuzima , imibereho y’ababigana igatera imbere , kandi nibyo bigo bikazamura ubukungu bwabyo biturutse kuri izo service zitangwa. Icyo kigega , aricyo cyitwa HIM , Health Investment Management cyagiyeho mu mwaka 2016 kimwe nk’indi societe yose y’ubucuruzi , kikaba gifite uburenganzira gihabwa na Rwanda Development Board (RDB).